INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA MASHAMI, UMWAKA A
Bavandimwe, uyu munsi dutangiye igihe gikomeye duhimbazamo indunduro y’ugucungurwa kwacu. Ni Icyumweru Gitagatifu kidutegurira ihimbaza ry’Iyobera rya Pasika ya Nyagasani. Iki cyumweru kitwa Icyumweru cya Mashami. Kitwa kandi Icyumweru cy’Ububabare bwa Nyagasani. Ubundi nta nyigisho yihariye yari ikwiriye gutangwa kuko imihango yose ijyanye na Liturujiya y’uyu munsi, ijambo ry’Imana ritugezwaho n’amateka y’ububabare bwa Nyagasani tuzirikana; byose ni inyigisho itugera ku nkingi z’umutima, ikaduhamagarira kurangamira no kuzirikana urukundo ruhebuje Yezu Kristu yadukunze; We wadukunze kugera ku ndunduro; We wemeye kudupfira abambwe ku giti; ku giti cy’umusaraba.
INYIGISHO YO KU MUNSI MUKURU WA BIKIRA MARIYA ABWIRWA NA MALAYIKA ( kuwa 25 Werurwe)
Bavandimwe, ku wa 25 Werurwe, muri Kiliziya yacu twizihiza umunsi mukuru ukomeye cyane wa Bikira Mariya abwirwa na Malayika Gaburiyeli ko azabyara Umwana w’Imana. Uyu munsi si umunsi usanzwe mu minsi ya liturjiya, ahubwo ni umwe mu minsi igize ishingiro ry’ukwemera kwacu, kuko ari ho umushinga w’Imana wo gukiza muntu watangiye kugaragara mu buryo bwumwihariko.
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA GATANU CY’IGISIBO, UMWAKA A
Bavandimwe, tugeze ku cyumweru cya gatanu cy’igisibo. Mu minsi 15 tuzahimbaza Pasika ya Nyagasani, ishingiro ry’ibyo twemera kandi twizera binarimo bwa buzima buzira gupfa dukesha Yezu watsiratsije urupfu bityo agakingurira amarembo y’ubuzima twe abamwemera.
INZIRA Y’UMUSARABA WA YEZU KRISTU
INTANGIRIRO:
ZABURI YO KU CYUMWERU CYA 5 CY'IGISIBO A
ZABURI YO KU MUNSI MUKURU WA YOZEFU UMUGABO WA MARIYA (19 WERURWE)
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA KANE CY'IGISIBO, UMWAKA A
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Tugeze ku cyumweru cya 4 cy’Igisibo. Ni Icyumweru muri liturjiya cyitwa icyumweru cy’Ibyishimo (Laetare). Turishimira urugendo turimo dusenga, dusiba kandi dukora ibikorwa byiza bimwe binyura Imana; tukabikora kandi twitegura kwizihiza umunsi ukomeye wa Pasika ya Nyagasani. Turishimira kandi urumuri rwa Kristu rwamuritse mu mwijima bityo tugahabwa kugira uruhare ku bikorwa by’urumuri rwa Kristu twirinda ibikorwa by’umwijima. Turishimira rero urumuri rwa Kristu twakiriye muri Batisimu. Reka twongere twiyibutse ibyo twazirikanye mu byumweru 3 bishize.
ZABURI YO KU CYUMWERU CYA 4 CY'IGISIBO A
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 3 CY'IGISIBO, UMWAKA A
Bakristu bavandimwe, kuri iki cyumweru cya gatatu cy’igisibo, turakomeza kuzirikana icyo igisibo aricyo. Ni igihe cyo kwisuzuma, kwishinja ibyaha byacu tukabisabira imbabazi, kugira ngo tubone uko dukosora ibitagenda neza m’ubuzima bwacu bwa buri munsi, cyane cyane mu mibanire yacu na bagenzi bacu.
ZABURI YO KU CYUMWERU CYA 3 CY'IGISIBO, UMWAKA A
INYIGISHO KU CYUMWERU CYA 2 CY’IGISIBO, UMWAKA A
Bakristu bavandimwe, dukomeje uru rugendo rw’iminsi 40 twitegura umunsi mukuru cyane wa Pasika ari wo gasongero k’amateka y’ugucungurwa kwacu, kuko twibuka ububabare, urupfu n’izuka by’Umwami wacu Yezu Kristu, Umwana w’Imana Nzima.
Create Your Own Website With Webador