ISESENGURA NYANDIKO KU ISOMO RYA 1 RYO KU CYUMWERU CYA 29 GISANZWE, UMWAKA C
Ikigeragezo cy’Ukwemera
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 29 GISANZWE, UMWAKA C
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Amasomo matagatifu yo kuri iki cyumweru aradukangurira kurushaho kwita ku isengesho tutarambirwa.
ZABURI YO KU CYUMWERU CYA 29 GISANZWE, UMWAKA C
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 28 GISANZWE, UMWAKA C
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, tugeze ku cyumweru cya 28 Gisanzwe, twongeye kugirirwa ubuntu bwo gufungurirwa Ijambo ry’Imana ngo ritubere itara ritujyana ijabiro kwa Jambo. Mu isomo rya mbere turabona ukuntu Imana yigaragariza mu gukiza umupagani w’umubembe. Mu isomo rya kabiri tukabwirwa ko Kristu ahora ari indahemuka bityo akwiye kwizerwa igihe cyose na bose. Hanyuma mu ivanjili tukabona ikizwa ry’ababembe cumi, icyenda b’abayisiraheli undi umwe w’umunyamahanga, ari na we gusa wagarutse gushimira ineza yagiriwe, cyo kimwe n’umubembe twumvise mu isomo rya mbere.
ZABURI YO KU CYUMWERU CYA 28 GISANZWE, UMWAKA C
Inyigisho yo ku wa 07 Ukwakira:Umunsi mukuru wa Bikira Mariya, Umwamikazi wa Rozari
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, none taliki 7 Ukwakira turahimbaza Umunsi wa Rozari. Niumunsi twizihiza muri uku kwezi kwa cumi kose kwitwa ukwezi kwa Rozari. Muri uku kwezi, Kiliziya idusaba kwambaza Bikira Mariya kurushaho, tuvuga ishapule buri munsi. Itariki ya 7 Ukwakira kandi itwibutsa Bikira Mariya Umwamikazi wa Rozari, maze igahuza n’umunsi w’abakristu batahukanye umutsindo, baganjije ababarwanyaga butyo natwe tukibutswa ko rozari ntagatifu ari isengesho ridufasha gutsinda Shitani.
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 27 GISANZWE, UMWAKA C
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, umwanditsi wa Zaburi ya 94 aragira ati: “ iyaba uyu munsi mwakundaga kumva ijwi rye ntimunangire umutima wanyu”. Uko kumva ijwi ry’Uhoraho atubwira, mu ya ndi magambo ni ukwemera ko Uhoraho ari we Mana, kumwera ko ari we Mizero dushingiye ukubaho kwacu, urutare rudukiza mbese kwemera ko ari we twubakiyeho. Nguko ukwemera amasomo matagatifu yo kuri icyi cyumweru adukangurira.
Inyigisho yo ku munsi mukuru wa Tereza w’Umwana Yezu n’uw’Uruhanga rutagatifu, kuwa 01 Ukwakira
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Nkuko Yezu Kristu adahwema kubiduhamagira mu Ivanjile ndetse no mu butumwa butandukanye bw’abanditsi batagatifu, ubuzima bwa Tereza uyu buduhamagarira kubaho mu bwiyoroshye. Mutagatifu Pawulo atubwira ko Roho Mutagatifu atwibutsa ko turi abana b’Imana, bikadutera kumva ko Imana idukunda, kandi ko natwe iduhamagarira kubaho mu rukundo. Yezu Kirisitu atwibutsa ko ushaka kuba mukuru mu Bwami bwo mu ijuru agomba kugira umutima w’umwana. Kugira umutima w’umwana ni ukwemera kuyoborwa n’Uhoraho Imana yacu, ari na ko kwicisha bugufi gukwiye kuturanga nk’abana b’Imana.
ZABURI YO KU CYUMWERU CYA 27 GISANZWE, UMWAKA C
INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 26 GISANZWE, UMWAKA C
Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, tugeze ku cyumweru cya 26 Gisanzwe umwaka C. Amasomo y’iki Cyumweru by’umwihariko irya mbere n’Ivanjili aradushishikariza kurwanya akarengane no guharanira gusaranganya mu rukundo ibyiza Imana yaduhaye. Yezu agira ati: bafite Musa n’abahanuzi nibabumve , ibyo bihwanye no kuvuga ko bafite Amategeko n’Inyigisho z’abahanuzi, nibabikurikiza bizabarokora.
Create Your Own Website With Webador