INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA MASHAMI, UMWAKA A

Bavandimwe, uyu munsi dutangiye igihe gikomeye duhimbazamo indunduro y’ugucungurwa kwacu. Ni Icyumweru Gitagatifu kidutegurira ihimbaza ry’Iyobera rya Pasika ya Nyagasani. Iki cyumweru kitwa Icyumweru cya Mashami. Kitwa kandi Icyumweru cy’Ububabare bwa Nyagasani. Ubundi nta nyigisho yihariye yari ikwiriye gutangwa kuko imihango yose ijyanye na Liturujiya y’uyu munsi, ijambo ry’Imana ritugezwaho n’amateka y’ububabare bwa Nyagasani tuzirikana; byose ni inyigisho itugera ku nkingi z’umutima, ikaduhamagarira kurangamira no kuzirikana urukundo ruhebuje Yezu Kristu yadukunze; We wadukunze kugera ku ndunduro; We wemeye kudupfira abambwe ku giti; ku giti cy’umusaraba.

Read more »

INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA KANE CY'IGISIBO, UMWAKA A

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Tugeze ku cyumweru cya 4 cy’Igisibo. Ni Icyumweru muri liturjiya cyitwa icyumweru cy’Ibyishimo (Laetare). Turishimira urugendo turimo dusenga, dusiba kandi dukora ibikorwa byiza bimwe binyura Imana; tukabikora kandi twitegura kwizihiza umunsi ukomeye wa Pasika ya Nyagasani. Turishimira kandi urumuri rwa Kristu rwamuritse mu mwijima bityo tugahabwa kugira uruhare ku bikorwa by’urumuri rwa Kristu twirinda ibikorwa by’umwijima. Turishimira rero urumuri rwa Kristu twakiriye muri Batisimu. Reka twongere twiyibutse ibyo twazirikanye mu byumweru 3 bishize.

Read more »

INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 3 CY'IGISIBO, UMWAKA A

Bakristu bavandimwe, kuri iki cyumweru cya gatatu cy’igisibo, turakomeza kuzirikana icyo igisibo aricyo. Ni igihe cyo kwisuzuma, kwishinja ibyaha byacu tukabisabira imbabazi, kugira ngo tubone uko dukosora ibitagenda  neza m’ubuzima bwacu bwa buri munsi,  cyane cyane mu mibanire yacu na bagenzi bacu.

Read more »