INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 16 GISANZWE, UMWAKA C

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Ijambo ry’Imana ryo kuri iki cyumweru cya 16 Gisanzwe umwaka C, riraduha ubutumire bukomeye nk’abemera Kristu, bwo gushyira mu gaciro hagati y’isengesho n’imirimo isanzwe, hagati y’ubuzima bwa roho n’ubuzima bw’umubiri.

Read more »

INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 15 GISANZWE, UMWAKA C

Bakristu Kristu Yezu akuzwe, tugeze ku cyumweru cya 15 Gisanzwe umwaka wa Liturjiya C. Ijambo ry’Imana tuzirikana riraduhamagarira kuzirikana itegeko ry’Imana. Imana umubyeyi wacu iradushishikariza kuyumva, kubahiriza amabwiriza yayo no kuyikunda kuruta bose na byose.

Read more »

INYIGISHO YO KU MUNSI MUKURU W’ABAHOWIMANA B’I BUGANDE ( RWANDA)

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, kuva kera kugeza n’ubu, amaraso y’abazira kwemera Imana (abamalitiri), ni imbuto yera abakristu benshi. Nta gushidikanya ko Kiliziya y’u Rwanda ari ishami ryashibutse ku butwari bwa bene wacu, abo bakristu b’i Buganda bahowe Kristu n’Inkuru Nziza ye. Ni yo mpamvu Abepiskopi bacu mu bushishozi bwabo, basanze ari ngombwa ko tubaha icyubahiro gikwiye ku munsi nk’uyu. Biranejeje cyane ko uyu munsi wahujwe n’Umunsi Mukuru w’Abalayiki, kuko bose uko ari 22 bahowimana i Buganda bari abalayiki. Abalayiki rero, uyu munsi ukwiye kubabera isoko y’ihumure na kubahwitura mukihatira gukomera kuri Kristu nka bariya bakurambere bacu. Mukaba abahamya nyabo kandi beruye b’Inkuru Nziza ye, mudatinya gutanga ubuhamya buzira ikizinga!

Read more »

INYIGISHO KU CYUMWERU CYA 14 GISANZWE, UMWAKA C.

Bakristu bavandimwe, Amasomo y’iki Cyumweru cya 14 aduhaye icyizere n’umucyo. Kuva kera, Imana ntiyigeze iduha ubutumwa buduhebya. Uhereye ku bahanuzi kugeza ku Ntumwa za Kristu, ubutumwa bw’Imana bwakomeje kutwereka inzira y’umukiro, budutera imbaraga zo kudacika intege mu rugendo rw’ukwemera.

Read more »

INYIGISHO YO KUWA 29 KAMENA : UMUNSI MUKURU W’ABATAGATIFU PETERO NA PAWULO INTUMWA

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Uyu munsi muri Kiliziya Gatolika y’isi yose turahimbaza umunsi mukuru w’abatagatifu Petero na Pawulo, intumwa za Yezu Kristu. Aba bagabo bombi ni inkingi z’amateka ya Kiliziya: Petero niwe Yezu yahaye imfunguzo z’Ubwami bw’ijuru (Mt 16, 18-19), Pawulo ni intumwa y’abantu b’amahanga, wahinduye ubuzima bwe akamamara mu kwamamaza Inkuru Nziza ya Yezu Kristu wazutse.

Read more »

INYIGISHO YO KU MUNSI MUKURU W’UMUTIMA MUTAGATIFU WA YEZU, UMWAKA C

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, kuri uyu wa gatanu ukurikira icyumweru cy’Isakramentu ritagatifu, Kiliziya umubyeyi wacu iduha umwanya wo kwizihiza umunsi mukuru ukomeye w’Umutima mutagatifu wa Yezu. Ni umunsi utwibutsa kuzirikana ko Imana yatwihishuriye muri Yezu Kristu ari umunyampuhwe n’umunyambabazi kuri buri wese. Amateka y’umuryango w’Imana, atwereka ko Imana idahwema kwereka abayo ko ibakunda kandi ko itajya ibatererana cyane cyane iyo batinyutse kuyigezaho isengesho ryabo bayitakambira nkuko umuhanuzi Ezekiyeli abitubwira mu isomo rya mbere.

Read more »

Create Your Own Website With Webador