INYIGISHO KU CYUMWERU CYA 2 CY’IGISIBO, UMWAKA A

Published on 27 February 2026 at 10:17

Amasomo: Intg12, 1-4a; Zab 32 (33); Tm1, 8b – 10; Mt17, 1-9

Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira; nimumwumve!

Bakristu bavandimwe, dukomeje uru rugendo rw’iminsi 40 twitegura umunsi mukuru cyane wa Pasika ari wo gasongero k’amateka y’ugucungurwa kwacu, kuko twibuka ububabare, urupfu n’izuka by’Umwami wacu Yezu Kristu, Umwana w’Imana Nzima.

Icyumweru cya 2 tugezeho, twacyita “Icyumweru cyo kwihindura ukundi.” Amasomo yacyo aratuzamura ku musozi ngo tubashe kumva Imana, nta rusaku kandi itwigaragarize. Uyu munsi Liturjiya y’ijambo ry’Imana iratwibutsa Yezu ku musozi mutagatifu aho yihinduye ukundi, we watsinze icyaha n’urupfu yihinduye ukundi maze abengerana nk’urumuri. Muri uru rugendo rw’igisibo dukomeje, kwihindura ukundi kwa Yezu kwabaye nk’umusogongero w’ikuzo, ikuzo turangamiye ry’izuka tuzizihiza by’umwihariko ku munsi wa Pasika. Icy’ingenzi dusabwa gukora mu gihe nk’iki cy’igisibo mbere na mbere ni ukwakira Imana iza idusanga, igatera intambwe ya mbere ikaza idusanga, maze uyakiriye mu rukundo agahinduka umuntu mushya nka Abrahamu mu isomo rya mbere.

Igisibo ni igihe cyo guhamagarwa no guhura n’Imana

Amasomo matagatifu yo kuri iki cyumweru aradufasha kwinjira neza mu gisibo. Igisibo ntabwo ari ukwibabaza bikabije gusa, ahubwo icya mbere ni uguhura n’Imana, yo iduhamagarira twese kuyisanga, igategereza igisubizo cya buri wese muri twe, igisubizo kivuye ku mutima uyikunda kandi mu bwigenge bwa buri wese. Mbese ni igihe cyo kuganira n’Imana bisumbye ibisanzwe, igihe cyo Gusenga, Gusiba no gukora ibikorwa by’urukundo nk’uko tubyibutswa kenshi mu gihe nk’iki, igihe cyo kwegukira Imana.

Ni byo byabaye kuri Abrahamu twumvise mu isomo rya mbere. Uhoraho yamuhamagariye gusiga igihugu cye ndetse n’umuryango we. Abrahamu afata inzira ajya mu gihugu Uhoraho amweretse kubera kumvira no kwizera ijambo ry’Imana. Kubaho neza mu gisibo, ni ugusohoka muri bwa buzima bwacu twibwiraga ko butekanye, ni ugutungwa n’ijambo ry’Imana nk’uko Yezu yabitwibukije ku cyumweru gishize, tugakurikira Nyagasani mu nzira atwereka twebwe tutari twateganyije. Igishimishije ni uko Imana ifite umugambi wo kutuyobora, kandi ikadusendereza imigisha yayo.

Ibaruwa Pawulo mutagatifu yandikiye Timote twasomewe mu isomo rya kabiri na yo iraza yunga mu byo twumvise mu isomo rya mbere. Irongera kutwibutsa umugambi ukomeye Imana idufiteho wo kudusakazaho wa mugisha wasezeranyijwe Abrahamu : «Umucunguzi wacu Yezu Kristu yiyerekanye atsinda urupfu agatangaza ubuzima” . Ubutumwa bwacu rero nk’abigishwa be ni ukwamamaza iyo nkuru nziza hose no kuri bose. Imana iduhamagarira kugira uruhare mu mugambi wayo wo kuducungura.

Gukomeza ukwemera no gutegura Pasika

Ivanjili ya none nkuko twabibonye yongeye kutwereka Yezu yihindura ukundi. Yezu yajyanye na batatu mu ntumwa ze mu mpinga y’umusozi kugira ngo abasogongeze ku byiza by’ijuru. Twibuke ko umunsi umwe yavuze ati : « Ndi urumuri rw’isi ». Kuri uyu munsi arereka intumwa ze ubwiza bw’urumuri ruri muri we. Ibi byari ngombwa kuko mu minsi mike yakurikiyeho bagombaga kubona isura ye n’ubwiza bwe byahindanyijwe n’ububi bwa muntu, akaba ari yo mpamvu yashatse gukomeza ukwemera kwabo. Ikindi kandi twamenya nuko iyi Vanjili yayitangaje hashize iminsi itandatu yose bamanjiriwe kubera igisubizo Yezu yari yahaye Petero wari wihaye gushaka kugaragaza amarangamutima yo kubangamira umugambi/ umushinga wa Yezu wo kubabara ngo aronkere isi umukiro. Yezu yatangarije abigishwa be ko azababara kugira ngo abone uko yinjira mu ikuzo rya Se, nuko Petero atera ejuru ngo reka ntibikabe, Yezu nawe niko kumukangara ati: hoshi mva iruhande sekibi kuko amagambo yawe atavuye ku Mana ahubwo ku bantu, nuko abandi baramanjirwa bumvise abwiye uwo yari yabwiye ko ari Urutare azubakaho Kiliziya ye amagambo nkayo. Ibyo byabashyize mu ipfunwe bamaranye iminsi bacecetse. Twongera kubumva ku mugaragaro Yezu abatereza umusozi ngo abamurikire ikuzo rimutegereje hakurya y’umusaraba.

Iyi vanjili yo Kwihindura ukundi kwa Yezu irashushanya ibyo dukora buri cyumweru mu misa. Nyuma y’iminsi itandatu y’imirimo, Yezu aduhuriza hamwe akatuyobora ahitaruye. Twese tuba dukeneye kwitarura ibiturangaza byose. Ntabwo ari uguhunga isi. Niba Kristu aduhamagarira kumusanga, ni ukugira ngo aduhe kurangamira iby’ijuru. Ibi bigaha icyerekezo gishya ubuzima bwacu. Yezu yajyanye na batatu mu bigishwa be. Mu by’ukuri, icyifuzo cye nyamukuru ni ukubajyana bose, ari byo dusoma mu ivanjili yanditswe na Yohani (Yh 17,24) aho icyo cyifuzo gihinduka isengesho : « Dawe, ndashaka ko aho ndi, abo wampaye na bo tuhabana, kugira ngo babone ikuzo ryanjye wampaye, kuko wankunze isi itararemwa ». Ibi rero ni byo twumvise byabaye ku musozi wa Taboro. Ni na byo kandi biba buri gihe mu Misa. Iyi rendez-vous na Kristu ni igikorwa gikomeye umuntu atakagombye gusiba.

Umwana Ukundwa tugomba Kumvira

Ivanjili iragira iti: “Yezu ajyana na Petero, Yakobo na Yohani ukwabo mu mpinga y’umusozi muremure, nuko yihindura ukundi mu maso yabo, uruhanga rwe rubengerana nk’izuba, imyambaro ye yererana nk’urumuri.” Iyi Vanjili iza ikurikiye iyo Yezu yatangarizaga Abigishwa bwa mbere ko azapfa akazuka ntibagira icyo biyumviramo. Ndetse nkuko twabivuze haruguru Petero wari umaze guhamya ko ari Kristu akamwihugikana amutonganya agira ati: “Biragatsindwa Nyagasani! Ibyo ntibizakubeho!”. Ni bwo rero Yezu abagaragarije ikuzo rye ku musozi mutagatifu; kugira ngo abemeze ko ububabare bwe ari yo nzira igomba kumugeza ku ikuzo ry’izuka, nk’uko byavuzwe mu Mategeko ya Musa no mu nyigisho z’Abahanuzi. Yezu kandi, yagira ngo avane mu mitima yabo ipfunwe bari kuzaterwa n’urupfu rwe ku musaraba, bityo bazabyamamaze hose bashize amanga.

Bavandimwe, iyi Vanjili rwose natwe iri kuduterura ikatuzamura, ikadushyira muri Pasika ya Nyagasani, aho yisesuraho ikuzo, akereka isi ko ari we Mwami w’ijuru n’isi, ko ari Umwana wizihiye Imana tugomba kumvira igihe cyose.

Nimureke tuzirikane kuri izi ngingo z’ingenzi dusanga muri iyi Vanjili:

  1. Urumuri:

Yezu, ngo “ uruhanga rwe rubengerana nk’izuba, imyambaro ye yererana nk’urumuri.”(Mt 17,2).

Koko Yezu ni urumuri nyarumuri rukomoka ku Rumuri, urumuri rumurikira intumwa ze, ni urumuri rw’amahanga, urumuri nyarumuri rumurikira buri wese wumva jwi rye. Uru rumuri rutwibutse ko turi abana b’urumuri, ko ari cyo twahamagariwe, ko tugomba guharanira guhora tumurikiwe na Yezu. Umurikiwe na We nta kindi kimushishikaza kitari uguharanira kumurikira abandi mu bwiyoroshye no mu bworoherane, dufashanya kandi twibuka ko buri wese ari umuvandimwe w’undi, ko twese turi abasangirangendo. Twibuke ko muri batisimu twaruhawe, kugira ngo bitume duhora tugenza nk’abana b’urumuri, bityo dukomere mu kwemera, Nyagasani naza, tuzashobore kumusangira mu bwami bwe, twishimane na we hamwe n’abatagatifu bose.

  1. “Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira, …”

Ayo ni amagambo aturuka ku Mana yumvikaniye mu gihu kibengerana cyatwikiriye abari aho ku musozi. Ayo magambo aratubwirwa kugira ngo atwereke ko Yezu yaje bugufi yacu, yaje muri twe, kugira ngo aduhuze ubuziraherezo n’Imana. Aya magambo agaruka inshuro 3 mu buzima bwa Yezu: Igihe Yezu abatijwe maze ijwi rigaturuka mu ijuru ritubwira uwo ari we: Umwana w’Imana (Mt 3,13-17).

Ni ibyo twumvise none mu Ivanjili yo ku cyumweru cya 2 cy’igisibo: Yezu yihindura ukundi (Mt 17,1-9); ndetse n’igihe Yezu yari ku musaraba ari kuducungura tuhumva amagambo nkayo, aho umusirikari agira ati: “…koko uyu yari Umwana w’Imana (Mt 27,54).”

Twakwibaza tuti: “Ese ayo magambo yavugiwe iki muri iyi Vanjili ya none? Yezu ngo yari kumwe na Musa na Eliya. Musa ni wa wundi washyikirijwe Amategeko y’Imana ku musozi wa Sinayi, abumbye Isezerano Imana yagiranye n’Umuryango wayo. Ni ryo twita “Isezerano rya kera”. Umuryango w’Imana umaze kurirengaho, yohereje Abahanuzi ngo baze kurirengera no kuryibutsa Umuryango wayo wagendaga wiyandavuza mu bigirwamana. Umuhanuzi Eliya yatowe mu ba mbere akaba ahagarariye abahanuzi bose (muri iyi Vanjiri). Kandi ngo Yezu na Musa na Eliya baganira ku rupfu Yezu yari agiye gupfira i Yeruzalemu (Lk 9, 31), bivuze ko yari agiye kuzuza Isezerano Rishya kandi rizahoraho iteka, mu kumvira Se bigeza aho amena amaraso ye ngo aducungure. Ngicyo icyashimishije Imana yongera gutangaza ko Yezu Umwana wayo ayizihira. Mu yandi magambo, ni ukuvuga ngo uyu Mwana wanjye antera ibyishimo, aranezereza, antera guhimbarwa, aranyura; ndamukunda cyane, ni we nashyizemo urukundo rwanjye rwose.”

  1. “….nimumwumve.”

Iri jambo ngo “Nimumwumve”, ritwumvishe ko tugomba kumureberaho, kumwigana, kumwigiraho, kumwiga indoro n’ingendo, mbega muri make, ni ukugenda uko agenda no kugenza uko agenza. Ririya jambo rigenewe gukuza ukwemera kwacu. Riratwibutsa ko inkingi ikomeye y’ubuzima bwacu bwaba ubwa roho cyangwa se ubw’umubiri igomba kuba Kristu.

Bakristu bavandimwe, ngira ngo benshi muri mwe bakunda kuvuga ishapule. Mu byiza byinshi Papa Yohani Pawulo wa kabiri yadusigiye, harimo amibukiro y’urumuri. Ayo mibukiro uko ari atanu adufasha kuzirikana ku buzima bwa Kristu mu butumwa bwe hano ku isi. Iyibukiro rya kane riragira riti : “Yezu yihindura ukundi, dusabe inema yu kumurangamira no kumwumvira.” Ndumva uwo ari wo mugambi twatahana kuri iki cyumweru. Ukaristiya duhimbaza nidufashe kubona urumuri rubengerana Imana iduha ngo tuve mu mwijima w’ibyaha. Yezu duhabwa atubere itara rimurikira intambwe zacu, maze tubashe kumurangamira no kumwumva mu ijambo rye n’umubiri we duhabwa. Bityo ubuzima bwacu buzahinduka ukundi, tugire uruhare ku ikuzo rya Nyagasani wazutse.

Dusabirane kugira ngo tumenye kurangamira Yezu mu masakramentu, by’umwihariko mu isakramentu ry’Ukaristiya na Penetensiya. Gushengerera Yezu mu Ukaristiya ni umugenzo mwiza udukiza ibikomere ukaduha imbaraga dukeneye mu buzima no mu butumwa dukora. Ijambo ry’Imana tujye dukunda kurisoma kandi turishyire mu bikorwa: ni bwo buryo bwo kumvira Yezu muri iki gihe. Iki gisibo kibere buri wese umwanya wo gutera agatambwe mu kurangamira Yezu tumwumva kandi tumwumvira.

Nyagasani Yezu nabane namwe!.

Add comment

Comments

There are no comments yet.

Create Your Own Website With Webador